Dushime Dieudonné, umuyobozi mukuru w’UBWIZA SACCO Karongi, ikigo cy’imari cyavuye mu kwihuza kw’iyari imirenge SACCOs 14 y’Akarere ka Karongi mu rwego rwo guhuza imbaraga.

Dushime Dieudonné, umuyobozi mukuru w’ UBWIZA SACCO Karongi yereka Guverineri Ntibitura Jean Bosco n’abamuherekeje serivisi zitangirwayo.
Ati” Uyu munsi twaje kumurika uko kwihuza kwacu, umusaruro wavuye mu bantu bahuje imbaraga“.
Avuga ko mu byo bishimira mu mezi atarenga 6 bamaze bihuje ari serivisi z’ikoranabuhanga bari gukoresha bifasha ko umuturage aho ageze hose mu ishami ryabo abona serivisi.
Hari Kandi serivisi ya Mobile banking,aho umunyamuryango ahabwa serivisi atavuye mu rugo, akoresheje* 541#, akabona serivisi y’imari kuri telefoni ye.
Ati” Izo serivisi zose ni ubuntu zifasha buri wese ngo agere kuri serivisi z’imari adahenzwe.”
Arakomeza ati” Ikindi ni uko mu gihe mbere umunyamuryango atashoboraga kurenza amafaranga 15.000.000 y’ inguzanyo, ubu turatanga agera kuri miliyoni 200 ku mushinga umwe. Turatanga umusanzu mu iterambere ry’imishinga migari ihindura igihugu cyacu, by’umwihariko ihindura Akarere ka Karongi, tutanibagiwe abari mu mishinga mito.”
Avuga ko muri serivisi batanga, abagore, Urubyiruko n’impunzi bafitemo umwanya ufatika,aho hari imishinga bahabwamo inguzanyo ku nyungu iri hasi cyane nubwo n’izindi nguzanyo muri rusange inyungu yagabanutse.